Grenade ebyiri zatewe
mu tubari tubiri two mu mujyi wa Kigali. Utwo tubari kamwe ni ako ku Muhima aho
bita kuri Yamaha, akandi ni ako ku Kinamba, ahantu hasa n'ahenda kwegerana. Nta
muntu n'umwe zahitanye, cyakora zakomerekeje abantu 28, harimo umwe wakomeretse
cyane wacitse amaguru yombi.
Abaturage bo kuri
Yamaha batangarije Ijwi ry'Amerika ko ibyo bitero bisa nk'aho byabereye
icyarimwe muri utwo tubari. Izo grenade zahaturikiye mu ijoro ryo kuwa 28
z'ukwezi kwa 12 mu mwaka wa 2008, ahagana mu ma sambiri ya n'ijoro.
Abo baturage bakomeje
bavuga ko abateye izo grenade batari bamenyekana, gusa bakurikije uko icyo
gikorwa cyagenze basanga abaziteye bari babigambiriye.
Icyagaragaye ni uko
abaturage batuye muri utwo duce bakutse umutima, ndetse bamwe barahira ko
batazasubira mu tubari muri iyi minsi mikuru isoza umwaka.
Ubuyobozi bw'ibanze bwahumurije abaturage bubasaba
kurushaho gukaza amarondo ya n'ijoro mu rwego rwo kwicungira umutekano.